• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
17/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
17/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
17/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Nsabimana Callixte uzwi nka Majoro Sankara ari mu maboko y’ubugenzacyaha bw’u Rwanda-RIB

Umwanditsi
April 30, 2019

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha-RIB kuri uyu wa 30 Mata 2019 rwatangaje ko rwafunze Nsabimana Callixte Uzwi ku mazina ya Majoro Sankara wari umaze igihe atangariza ku mbuga nkoranyambaga n’ibitangazamakuru bitandukanye ko we n’abo bafatanije biteguye gutera u Rwanda ndetse ko banabitangiye.

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha-RIB mu itangazo rwanyujije kuri Twitter yarwo rwatangaje ko rufunze Nsabimana Callixte uzwi ku mazina ya Majoro Nsankara wari umaze igihe we n’abo bafatanije bigamba ibitero byagiye bihitana abantu bikangiza n’ibintu bitandukanye ku butaka bw’u Rwanda.

Uretse ibi bitero byagiye byumvikana ku butaka bw’u Rwanda ahanini mu bice byegereye ishyamba rya Nyungwe, Nsabimana Callixte( Maj Nsankara), yumvikanye kenshi avuga ko we n’abo bafatanije biteguye gutera no guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ifatwa rya Maj Nsankara, ryemejwe kandi na Dr Richard Sezibera mukiganiro yagiranye n’ibitangazamakuru kuri uyu wa 30 Mata 2019 ku kicari cya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda ku Kimihurura.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera yavuze ko mu gihe cyavuba uyu Nsabimana Callixte uzwi nka Maj Sankara inzego zibishinzwe zizamushyikiriza ubucamanza.

Ubutumwa bwatanzwe na RIB kuri Twitter.

U Rwanda rutangaje ko rufunze Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara nyuma y’aho mu minsi mike ishize havugwaga amakuru y’uko yafatiwe mubirwa bya Komore akazanwa mu Rwanda, ariko rwirinze kugira icyo rubitangazaho mu buryo bweruye.

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha bw’u Rwanda-RIB, rwatangaje ko uyu Maj Nsankara rufunze yari amaze iminsi ashakishwa n’ubutabera kubera ibyaha bitandukanye akurikiranyweho yanagiye yigamba byakorewe ku butaka bw’u Rwanda. Ibi birimo, gushishikariza no gutanga amabwiriza yo gukora ibikorwa by’iterabwoba, ubwicanyi, kurema umutwe witwara gisirikare utemewe, gushimuta no gufata bugwate abantu, ubujura bwitwaje intwaro no gusahura.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga