• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/02/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
27/02/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
27/02/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
27/02/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Ruhango: Ukekwaho kwiyita umukozi wa compassion international akambura abaturage yafashwe

Umwanditsi
July 25, 2019

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ruhango mu murenge wa Kinazi kuri uyu wa 24 Nyakanga 2019, yafashe umugabo witwa Karake Innocent w’imyaka 44 y’amavuko wabeshyaga abaturage avuga ko akorera umushinga wa compassion International akabasaba amafaranga kugira ngo abandikire abana muri uwo mushinga.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police(CIP) Bonaventure Karekezi yatangaje ko Karake yafashwe ubwo abaturage bari bamaze kumenyesha Polisi ko hari umugabo wabasabye amafaranga ngo abashyirire abana mu mushinga uzabarihira amashuri.

Yagize ati “Uwo mugabo yaje abwira abaturage ko afite umushinga akorera wifuza kwandika abana bari hagati y’imyaka 7 na 23 ukazabishyurira amashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza ku buntu ariko ukabanza gutanga amafaranga 300,000 y’amanyarwanda kuri buri rugo rwandikiwe umwana, nibwo abaturage bahitaga bamenyesha Polisi arafatwa.”

CIP Karekezi yavuze ko ubwo Karake yafatwaga yasanganwe indangamuntu eshatu (3) ziriho ifoto ye ariko zanditseho amazina atandukanye ndetse n’impapuro yahaga abaturage ababeshya ko zigaragaza ko umwana yemerewe n’umushinga(Compassion).

Yakomeje asaba abaturage kujya baba maso kuko abatekamutwe babaye benshi kandi babikora mu buryo umuntu adashobora gutahura adashishoje neza haba ubwo bakora bifashishije ikoranabuhanga cyangwa n’ibindi.

Yagize ati “Muri iki gihe ubutekamutwe bugenda bwiyongera abaturage bakwiye kujya bagira amakenga y’abantu babizeza serivisi cyangwa ubundi bufasha bitazwi n’inzego z’ibanze, kuko umushinga wose ugamije guteza imbere abaturage uba uzwi n’inzego za leta bityo n’abawukorera badasaba abaturage amafaranga.”

CIP Karekezi yashimye ubufatanye bugaragara hagati ya Polisi n’abaturage kuko abaturage bamaze gusobanukirwa akamaro ko kwicungira umutekano bagatangira amakuru ku gihe y’abawuhungabanya.

Yasoje asaba abaturage gukomeza gutangira amakuru ku gihe y’igishobora guhungabanya umutekano icyo aricyo cyose.

Karake yashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Kinazi kugira ngo akurikiranwe ku byaha akekwaho.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga