• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Muhanga: KOPEVEMU yiyemeje kujya yishyura abacuruzi bibwe

Umwanditsi
August 2, 2019

Koperative icunga umutekano w’ibicuruzwa n’ibikoresho by’abacuruzi mu karere ka Muhanga, yasinyanye amasezerano n’abikorera ko uzongera kwibwa imucungira umutekano biturutse ku burangare bwa Koperative izamwishyura.

Munama yabaye kuri uyu wa Kane Tariki 01 Kanama 2019 igahuza Abikorera biganjemo abacuruzi mu mujyi wa Muhanga, ubuyobozi bwa Koperative KOPEVEMU n’inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’Akarere n’inzego z’umutekano, Umuyobozi w’iyi Koperative yavuze ko mu masezerano mashya n’abikorera bashyizemo ingingo yo kwishyura ibyibwe umucuruzi bashinzwe kurindira umutekano.

Havugimana Kagame Jacques/KOPEVEMU.

Havugimana Kagame Jacques, ahagarariye KOPEVEMU ishinzwe kurinda umutekano mu mujyi wa Muhanga no munkengero zawo. Avuga ko mu masezerano mashya bagiranye n’abikorera bemeranijwe ko ibizajya byibwa aho barindira umutekano biturutse ku makosa n’uburangare bwabo bazajya babyishyura.

Ati “ Amasezerano anononsoye ku buryo bwiza kandi bwanogeye abacuruzi natwe dushinzwe kurindira abacuruzi. Uzajya yibwa hari itsinda rishinzwe gukurikirana ahabaye icyo cyaha cyangwa ayo makossa yabaye rigizwe n’abacuruzi n’abo barinda. Ntabwo uko umucuruzi yibwe ariko Koperative yishyura. Nibasanga umucuruzi wibwe ari intege nke za KOPEVEMU izajya yishyura”. Akomeza avuga ko ibizibwa mu masaha y’akazi kabo ahera saa Moya z’ijoro kugera saa Moya z’Igitondo bikagaragara ko babigizemo uruhare bazabiryozwa.

Kimonyo/PSF Muhanga.

Kimonyo Juvenal, uhagarariye abikorera mu Karere ka Muhanga avuga ko mu kuvugurura amasezerano na KOPEVEMU bagendeye ku kuba muya mbere harimo ingingo zidasobanutse( zirimo icyuho), nk’aho byaba mu masaha y’akazi no mu minsi y’ikiruhuko, umuntu umwe ushobora kuba afite imiryango myinshi arinda n’ibindi wasangaga ngo bitanga icyuho ku buryo n’umucuruzi yibwaga byoroshye.

Kimonyo, ashima amasezerano mashya akavuga ko azazana impinduka mu mikorere n’imikoranire. Avuga kandi ko n’igiciro bishyuraga mbere bakizamuye ariko birinda gukabya bitewe n’ibicuruzwa buri umwe afite. Uwishyuraga ibihumbi bine azajya yishyura bitanu mu masezerano mashya mu gihe uwishyuraga bitanu azishyura birindwi.

Uwamariya Beatrice/Mayor Muhanga.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Uwamariya Beatrice ashima aya masezerano yakozwe hagati ya KOPEVEMU n’Abikorera mu karere ayoboye. Yabwiye intyoza.com ati “ Ni igikorwa cyiza cyo kugira amasezerano atomoye. Ibi ng’ibi biraza gutuma n’uburinzi bukomera kuko nabo KOPEVEMU ntibazemera ko bajya bishyura hato na hato, ni bajya no gushaka abo bakoresha (abarinzi) bazajya bita ku bunyangamugayo bw’abo atari ugushyiraho abantu b’indangare. Ni igikorwa cyiza cyane n’abandi bakwiye kugikurikiza”.

KOPEVEMU ivuga ko mu kunoza akazi kayo mu bacuruzi izongera umubare w’abarinzi kuko n’amafaranga yongerewe, bakajya kandi banatanga uburinzi mu gihe cy’iminsi abo bacungira umutekano badahari. Kugeza ubu bavuga ko mu mujyi wa Muhanga bafite abakozi 284 naho mu mujyi wa Nyamabuye (Umurenge w’umujyi) bavuye ku bakozi 38 bagera kuri 58 aho ngo bateganya no kubongera mu rwego rwo kunoza Serivise.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga