• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Umuryango wa Nyakwigendera Robert Mugabe wanze gahunda ya Leta ya Zimbabwe yo kumushyingura

Umwanditsi
September 12, 2019

Abagize umuryango wa Robert Mugabe wabaye Perezida wa Zimbabwe imyaka isaga 30 banze gahunda yashyizweho na Leta y’iki gihugu mu kumushyingura. Bavuga ko bababajwe n’uko batagishijwe inama kuri gahunda zo kumushyingura.

Umuryango wa Nyakwigendera Robert Mugabe, uvuga ko imihango yo kumushyingura izatangira  ku cyumweru nijoro mu cyaro cyo ku ivuko ahitwa Kutama, kandi agashyingurwa mu mihango yihariye y’umuryango.

Ibiro ntaramakuru bya AFP, byavuze mu mvugo yakoreshejwe na Mwishywa we witwa Leo Mugabe aho yagize ati “ Umurambo we uzasezerwaho ku cyumweru nijoro I Kutama…, hakurikireho umuhango wihariye wo kumushyingura – nko kuwa mbere cyangwa ku wa Kabiri – nta byo kumushyingura mu irimbi ry’Igihugu ry’Intwari. Icyo ni cyo cyemezo cy’abagize umuryango bose.

Isanduku irimo umurambo wa Robert Mugabe mu rugo rwe i Harare.

Mugabe, yapfuye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize afite imyaka 95. Hari Tariki 06 Nzeli 2019 aho yaguye mu bitaro byo mu gihugu cya Singapuru yari amaze amezi yivuriza. Ubwo yapfaga, Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe yavuze ko ari Intwari y’Igihugu akwiye gushyingurwa mu irimbi ry’Intwari. Ibi umuryango wa Mugabe wabyanze.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga