• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
18/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
18/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
18/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Kamonyi: Bitarenze Mutarama 2020 umuhanda wa kaburimbo Runda, Gihara-Nkoto uratangira

Umwanditsi
December 23, 2019

Alice Kayitesi, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi atanga icyizere ku batuye akarere by’umwihariko abategereje igihe iyubakwa ry’umuhanda wa Kaburimbo bijejwe wa Runda, Gihara-Nkoto ko bitarenze ukwezi kwa mbere (Mutarama) 2020 nta kabuza imirimo izatangira.

Aganira n’intyoza.com ku kibazo cy’iyubakwa ry’uyu muhanda abaturage bamaze igihe kitari gito bategereje, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Kayitesi Alice yahamije ko nta kabuza ukwezi wa Mutarama 2020 imirimo y’iyubakwa ry’umuhanda itangira.

Meya Kayitesi, abajijwe niba koko abaturage bakwizera ko mu kwezi kwa Mutarama bashobora kubona imirimo y’iyubakwa ry’umuhanda itangiye, yagize ati“ Yego, mu kwa mbere tuzaba twatangiye. Dushobora kudatangirana n’itariki ya mbere ariko ubu amasezerano (Contract) twayohereje muri MINIJUST ( Minisiteri y’ubutabera) kuko Kontaro yose irengeje agaciro ka Miliyoni magana atanu bisaba kuyinyuzayo bakayemeza ko ishyirwa mu bikorwa”.

Umuyobozi w’Akarere, avuga ko ibi ari inzira binyuzwamo ko bitajya byanga, bityo rero icyizere cy’itangira ry’iyubakwa ry’uyu muhanda utegerejwe na benshi kikaba ari cyose.

Kamonyi kugeza ubu uretse umuhanda munini wa kaburimbo uyinyuramo uva Kigali ukomeza Muhanga no mubindi bice, nta wundi muhanda w’umukara ushamikiye kuri uyu munini uhari.

Umuyobozi w’Akarere, Alice Kayitesi akijya ku buyobozi, iyubakwa ry’uyu muhanda Runda, Gihara-Nkoto ni kimwe mubyo yijeje abanyakamonyi by’umwihariko abanyerunda kuko ni agace kari guturwa cyane kandi kihuta mu bikorwa binyuranye by’iterambere, hakaba hamwe mu hashobora no gukoreshwa n’ibinyabiziga mu gihe hari ikibazo cyavuka hagati mu muhanda mukuru wa Runda-Nkoto cyangwa hari izindi mpamvu zatuma kiriya gice kidakoreshwa. Uyu ni umuhanda ukoreshwa cyane ariko ibihe by’imvura n’izuba kuri uyu muhanda biba bibi cyane.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga