• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi

Kamonyi/Kayenzi: Umucungamutungo yatorotse akekwaho gusinyira bagenzi be

Umwanditsi
January 30, 2020

Kuva kuwa Gatanu tariki 24 Mutarama 2020, umukozi w’Akarere ka Kamonyi ukora nk’Umucungamutungo (Kontabure-accountant) mu Murenge wa Kayenzi ntabwo aragaragara mukazi. Birakekwa ko yaba yaratorotse nyuma y’amakuru avuga ko yaba yarafashe amafaranga muri banki akoresheje amayeri, aho yasinyiye bagenzi be.

Amakuru agera ku intyoza.com avuga ko uyu mukozi witwa Cyiza Yves ukorera mu Murenge wa Kayenzi ku rwego rw’umucungamutungo w’Umurenge (Kontabure), yaba yarafashe Sheki( Cheque), agatabo bifashisha mu kubikuza k’umurenge akigana imikono y’abasanzwe bemerewe gusinya ubundi akajya muri imwe muri Banki akabikuza.

Mu kubikuza aya mafaranga, amakuru agera ku intyoza ni uko bitakorewe muri uyu murenge, ahubwo byakorewe I gakenke aho yatumye undi muntu. Nyuma yo kumenyekana ndetse hakaba hari amakuru ko hari abamuburiye ko agiye gufatwa yahise ashaka uko agenda kuva uwo munsi kugera none kuwa 30 Mutarama 2020 twandika iyi nkuru ntabwo yari bwagaruke mukazi.

Kayitesi Alice, umuyobozi w’Akarere ka kamonyi yahamirije intyoza.com ko amakuru y’uko uyu mukozi kuva ku munsi twavuze haruguru atari mukazi ari impamo. Uyu muyobozi yirinze kuvuga ku by’amafaranga no kwisinyira.

Ati“ Hari umukozi w’Akarere ukorera mu Murenge wa Kayenzi ( accountant), kuva kuwa 5 ntarimo kugaragara mu kazi, ariko ibijyanye n’amafaranga yatwaye byo ntabyo nzi. Turimo kumukurikirana nk’umukozi utaza mu kazi. Nyuma y’iminsi 15 atari mu kazi, afatwa nk’uwagataye”.

Mu gihe uyu mukozi agiye kumara iminsi itanu atagaragara mu kazi, imirimo yakoraga irakorwa nk’uko yajyaga ikorwa ari mu kiruhuko cyangwa se yagize izindi mpamvu zimusibya, nkuko byatangajwe na Kayitesi Alice umuyobozi w’Akarere.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5933 Posts

Politiki

4182 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga