• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
01/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie
01/05/26
Karama-Kwibuka32: Kuba muriho uyu munsi ni igihamya cy’uko umwijima utigeze uzimya Urumuri rwanyu-Zacharie/Ibuka
01/05/26
Karama-Kwibuka32: Iyo twaje Kwibuka tuba twaje guhamya amateka yacu nk’Abanyarwanda-Alice Kayitesi

U Rwanda n’u Burundi byavuze ku mpunzi ziri I Mahama zishaka gutahuka

Umwanditsi
August 4, 2020

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’impunzi z’abarundi zibarirwa muri magana atatu zo mu nkambi ya Mahama mu Rwanda zandikiwe Perezida w’u Burundi, zisaba ko zibafashwa gutahuka. Bamwe mu bayanditse, bavuga ko babona ko igihe kigeze ngo batahe.

Mu gihe Leta z’ibihugu byombi, u Rwanda n’u Burundi umubano utifashe neza muri iyi minsi, ntabwo byabujije ko buri gihugu kigira icyo kivuga ku cyifuzo cy’izi mpunzi. Binyujijwe ku mbuga nkoranyambaga buri gihugu cyatangaje ko kiteguye gufasha impunzi zibyifuza gutahuka.

Minisiteri y’ubutegetsi n’umutekano y’u Burundi, ibinyujije kuri Twitter yatangaje ko itegereje ko ibaruwa y’izi mpunzi igera kuwo yandikiwe kugira ngo bategure gutahuka kwabo “gukwiriye kandi kwemewe n’amategeko vuba bishoboka“.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi y’u Rwanda, itavuze iby’izi mpunzi by’umwihariko, yatangaje kuri Twitter ko yiteguye “gufasha gutahura abahisemo gutaha ifatanyije na UNHCR na za guverinoma bireba“.

Gusa kugira ngo impunzi zitahe habaho kuganira kw’impande eshatu, ibi bihugu uko ari bibiri ndetse na UNHCR, bakumvikana ibitarakorwa kugeza ubu.

Icyo Leta y’u Burundi yavuze kuri izi Mpunzi.

Mu mpunzi z’Abarundi zimaze igihe zitahurwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) nta ziva mu Rwanda zirimo.

Icyo Leta y’u Rwanda yavuze ku byifuzo by’izi mpunzi.

U Rwanda ni igihugu cya gatatu kirimo impunzi nyinshi z’Abarundi, zigera ku 72,000 – inyuma ya Tanzania na DR Congo. Benshi muri aba bahunze nkuko BBC ibitangaza, imidugararo ya politiki yo mu 2015.

Munyaneza Theogee / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5956 Posts

Politiki

4204 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga