• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Isuku: Abagenzi n’Abashoferi bibukijwe ko Umuhanda atari ingarane y’imyanda

Umwanditsi
October 18, 2022

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bufatanije na Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka Karere, basabye abagenzi n’abashoferi bakoresha umuhanda wa Kaburimbo Kigali-Kamonyi-Muhanga kuzirikana ko uyu muhanda atari ingarane y’imyanda, ko basabwa kwita ku isuku mu buryo bwose, ko uzafatwa yaba umugenzi cyangwa umushoferi azabihanirwa. Buri wese yasabwe kuba ijisho rya mugenzi we ku kwita ku Isuku, aho babonye ubirengaho amakuru agatangwa kare.

Ubu butumwa bw’Isuku, by’umwihariko kuri uyu Muhanda munini wa Kaburimbo uva Kigali unyura muri Kamonyi werekeza Muhanga, bwatangiwe ahazwi nka Bishenyi hategerwa imodoka zitwara abagenzi (Gare), kuri uyu wa 18 Ukwakira 2022 mu gikorwa cy’ubukangurambaga bw’Isuku bwahuriweho n’Akarere na Polisi. Abagenzi n’Abashoferi basabwe kwitwararika cyane, bakirinda uwo ariwe wese waba nyirabayazana mu kwanduza uyu muhanda.

Abagenzi bari bateze imodoka, Abashoferi bari baparitse bategereje abo batwara kimwe n’abandi baturage bari hafi bakoranyirijwe hamwe ngo bahabwe ubutumwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvere mu butumwa yahaye abagenzi n’abashoferi, yavuze ko mu gutangiza ubu bukangurambaga bw’Isuku babitewe n’uko babonaga hari ikibazo ku bantu bakoresha uyu muhanda munini wa Kaburimbo, aho basanze rimwe na rimwe hari abagenda bajugunya imyanda ku muhanda, abandi bakanihagarika aho babonye kandi hari ahabugenewe.

Mukubasaba kwita ku kugira isuku kuri uyu muhanda, Meya Nahayo yasabye Abagenzi n’Abashoferi ko Isuku bakwiye kuyigira Umuco, abibutsa ko ibisabwa by’ibanze bishyirwamo imyanda (Puberi) byashyizwe ku mihanda, ahenshi nko ku byapa aho imodoka zihagarara, ko aho kwanduza umuhanda bakwiye kuzikoresha bakimakaza Isuku, abatabishoboye bakabikomezanya mu modoka bakabishyira ahabugenewe bageze iyo bagiye.

Bishenyi, imodoka zirimo abagenzi zahanyuraga zivuge cyangwa zijya Kigali n’ahandi zabanzaga kunyuzwa muri Gare, bagahabwa ubutumwa bw’Isuku.

Mu gushimangira iby’isuku isabwa Abagenzi n’Abashoferi kuri uyu muhanda,  Meya Nahayo yagize kandi ati“Nk’Akarere ni ukwibutsa Abaturage, Abagenzi n’Abashoferi ko uyu muhanda atari aho gushyira imyanda(Ingarane), ko ari ahakwiye kugirirwa Isuku, ko abakoresha uyu muhanda bose bakwiye kugira Isuku, bakayigira Umuco nk’Abanyarwanda”.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuyobozi wa Polisi (DPC) mu karere ka Kamonyi, SP Jean Bosco Nsabimana, yasabye Abagenzi n’Abashoferi babatwaye ko nta n’umwe wemerewe kugira ikintu icyo aricyo cyose cy’umwanda ajugunya mu muhanda n’aho abonye hose, yaba imodoka ihagaze cyangwa se igenda akaba yakinyuza mu idirishya.

SP Jean Bosco Nsabimana/DPC Kamonyi ari mu modoka itwara abagenzi atanga ubutumwa bw’Isuku.

Yakomeje yibutsa Abagenzi ko mu gihe yumva ashaka kugira ibyo ajugunya, akwiye gusaba Shoferi agahagarara akabishyira ahabugenewe kuko hateganijwe cyangwa se bitaba ibyo akabikomezanya kugera ageze aho agiye nabwo akabishyira ahabigenewe. Yababuriye ko uzafatwa azahanwa.

SP Nsabimana hamwe na Meya Nahayo, basabye kandi bamwe mu bakoresha amagare bakunze kugenda bafashe ku modoka gucika kuri ibyo bikorwa bavuga ko biteza impanuka, ko abazafatwa batazihanganirwa. Basabye kandi buri wese mu bagenzi kutemerera abashoferi kubatwara uko biboneye bica amategeko, ko aho babona bitwaye nabi bakwiye kwifashisha Nomero za Telefone ziba zimanitse imbere mu modoka bagatanga amakuru hanyuma inzego zibishinzwe zigakora akazi kazo.

Umuyobozi wa Polisi mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda i Kamonyi, yari mu modoka atanga ubutumwa busaba Abagenzi n’Abashoferi kwitwararika ku Isuku mu Muhanda no gutanga amakuru.

Mu kuvuga ku Isuku, hanagarutswe kubagenzi n’abashoferi bajya bihagarika aho babonye ku muhanda, bibutswa ko nabyo uzafatwa azabyirengera. Babwiwe ko hari ubwiherero Bishenyi, bukaba ku Kamonyi (I Gihinga), hakaba n’ubundi hafi y’ahazwi nko Mugaperi utaragera i Musambira. Ko rero nta rwitwazo ku muntu uzaramuka afashwe yihagarika ku muhanda.

Ubu Bukangurambaga bw’Isuku kuri uyu muhanda wa Kaburimbo uva Kigali unyura muri Kamonyi ugana Muhanga, ni gahunda yibanze ku kwibutsa Abagenzi n’Abashoferi batwara ibinyabiziga ko bitemewe gukwirakwiza umwanda ahabonetse hose, ko ubona atabasha gushyira imyanda ahabigenewe akwiye gukomezanya nayo kugera iyo ajya, ko uyu muhanda atari Ingarane y’imyanda, ko kandi ku muhanda atari aho bihagarika.

Dr Nahayo/Meya wa Kamonyi na SP Nsabimana/DPC bari imbere y’imbaga y’abo bahaga ubutumwa.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga