• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/04/26
Abapadiri ba Diyoseze Kabgayi begukanye ibikombe 2 muri 3 bahataniraga n’aba Diyoseze ya Ruhengeri
22/04/26
Rukoma-Kwibuka32: Kwibuka ni umwanya ukomeye wo kwigira ku mateka kugira ngo turinde ejo hazaza h’Igihugu cyacu-Depite Prisca Uwamahoro
22/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
22/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie

Ntabwo nahunze, nta bwoba nagize bw’ibyagombaga gutangazwa-Kandida Mpayimana 

Umwanditsi
July 10, 2017

Philippe Mpayimana, umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ateganijwe muri Kanama 2017 nyuma yo kugera ku kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Kigali, aratangaza ko atari yarahunze Igihugu, ko ndetse nta bwoba yari afitiye ibyagombaga gutangazwa na NEC.

Kandida Mpayimana philippe, ubwo kuri uyu wa mbere tariki 10 Nyakanga 2017 ahagana saa saba z’amanywa yageraga ku kibuga cy’indege i Kanombe, yatangarije intyoza.com ko urugendo yagoze bitavuga ko yari asize u Rwanda, ko ahubwo umutima we wari wasigaye mu Rwanda, avuga ko kuba agarutse ari ibyishimo.

Kandida Mpayimana, asohoka ku kibuga cy’indege aho abagenzi gaje basohokera.

Ku bacyetse ko yahunze Igihugu, yagize ati:” Abacyetse yuko ngiye, ni bamwe bacyeka ko kujya hanze ari uguhunga, nyine bibe isomo yuko umuntu ashobora gukenera kujya hanze igihe abifitiye ibyangombwa akagenda. Nta kintu gitangaje na gito kirimo kidasanzwe, ntuye muri Diaspora niho naje gutanga Kandidatire nturutse ariko kandi ngatura no mu Rwanda, ni ukuvuga ko mfite inturo ebyiri, hari ayandi madosiye nayo yihutirwa yo mu rwego rw’umuryango cyangwa se mu rwego rw’imibereho muri kiriya gihugu nagombaga gukemura, nta kibazo. Ni nacyo mba nifuriza abantu mvuga nti abari mu Rwanda bajye hanze, ugiye hanze nti bahite bavuga ngo arahunze, uri hanze nawe naza mu Rwanda akore ibyo azanye ntibahite bavuga ngo arayobotse, bibe ubuzima busanzwe.”

Kandida Mpayimana, yakiriwe na bamwe mu bari bamutegereje.

Kandida Mpayimana, avuga ko agenda yasize yujuje ibyangombwa yasabwaga, ko komisiyo yari ifite uburengenzira bwo kubikemanga, gusa na none avuga ko hari abamufasha yari yasizeho ngo mu gihe hagira igikenerwa bagikore byihuse, ibi avuga ko ari nabyo byamubashishije kubona amanota, kuba atarakoze wenyine. Atangaza kandi ko yiteguye neza guhanganira umwanya w’Intebe y’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5952 Posts

Politiki

4200 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga