• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Haravugwa urupfu rw’abantu 4 mu masaha 28 bazize amazi

Umwanditsi
December 10, 2017

Abantu bane barimo abana batatu bo mu kigero cy’imyaka hagati y’ibiri na 12 bo mu murenge wa Ngamba bapfuye bazize amazi tariki 8 ukuboza, nyuma y’amasaha make ku munsi ukurikira, umubyeyi wo mu murenge wa Nyamiyaga nawe atwarwa n’amazi y’imvura mu mugezi wa Cyabariza tariki 9 ukuboza 2017.

Urupfu rw’aba bantu uko ari bane bapfuye bazize amazi mu gihe gitandukanijwe n’amasaha atarenga 28, rwemejwe n’abayobozi mu karere ka Kamonyi.

Alice Kayitesi, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yabwiye intyoza.com ati ” Ni Abana 3 bo mu Murenge wa Ngamba, 2 batwawe n’umugezi, undi umwe nawe agwa mu cyobo gifata amazi. Naho uwa Nyamiyaga nawe yatwawe n’umugezi Ahita apfa.”

Mwizerwa Lafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba wapfuyemo abana batatu bo mu kigero kiri hagati y’imyaka 2 na 12 y’amavuko, yabwiye intyoza.com iby’urupfu rw’aba bana.

Yagize ati ” Hapfuye abaturage batatu mu bintu by’amayobera. Mu ma saa saba nibwo bambwiye ngo mu mugezi witwa Nyamagana, muri Kabuga mu mudugudu wa Nyamugari bahabonye umurambo w’umwana w’imyaka 11y’amavuko. Mu gihe narimo gutanga amakuru nshaka ubifasha, bambwiye ko mu kagari ka Marembo, umudugudu wa Rugarama hari umwana w’imyaka ibiri n’amezi icyenda nawe ukuwe mucyobo cyaretsemo amazi kiri hafi y’iwabo bahoze bacukuragamo icyondo cyo kubumba amatafari. Hatarashira nk’isaha ndimo gushaka amakuru, amazina, bati rero tubonye n’undi murambo w’umwana w’imyaka 12 y’amavuko hagati ya Ngamba na Kayenzi mu mugezi umanuka hariya kubashinwa( ni mu gice cy’aho bacukura amabuye y’agaciro). Numvise bikomeye, buri umwe yapfuye urupfu rwe ariko rufitanye isano n’amazi.”

Nyuma y’amasaha hafi 28 aba bana b’i Ngamba bapfuye, mu murenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kidahwe naho kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Ukuboza 2017 mu mugezi w’igishanga cya Cyabariza hakuwemo umurambo w’umubyeyi witwa Niyotwagira Chantal w’imyaka 23 y’amavuko bivugwako yishwe n’amazi. Bivugwa ko yatwawe n’amazi y’imvura ubwo yambukaga umugezi.

Amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko ngo uyu mubyeyi ubwo ngo yagwaga mu mugezi yari avuye gusura umugabo we ukora akazi k’ubuzamu mu murenge wa Runda, uyu mubyeyi bivugwa ko kandi asize abana babiri, umwe w’imyaka ine n’undi w’umwaka umwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga